Ubuhanga 2 - Kinyarwanda Catholic Bible with DC

1Mu bitekerezo byabo bifutamye barabwirana bati

«Imibereho yacu ni iy’igihe gito kandi iteye agahinda,

nta muti ujya uboneka iyo umuntu ageze ku maherezo ye,

ndetse nta n’umwe tuzi wigeze kugaruka avuye ikuzimu.

2Twavutse ku buryo butumvikana,

hanyuma tukazamera nk’abatigeze kubaho.

Umwuka duhumeka ni nk’umwotsi,

ibitekerezo byacu bikaba nk’igishashi cy’umuriro

cyaka uko umutima wacu utera;

3iyo kizimye, umubiri uhinduka ivu,

umwuka ukayoyoka nk’umuyaga utagira ireme.

4Izina ryacu rizagenda ryibagirana uko ibihe bihita,

nta n’umuntu n’umwe uzibuka ibikorwa byacu;

ubuzima bwacu buzamera nk’igicu gihita ntikigaruke,

buzayoyoka nk’igihu kirukanywe n’imirase y’izuba,

cyangwa gikubiswe n’ubushyuhe bwaryo.

5Yego, iminsi yacu ni nk’igicucu gihita,

n’amaherezo yacu ntateze kwigizwayo,

kuko yaciriweho iteka ridasibangana,

kandi nta we uhindukira.

6Nimuze rero, twishimishe mu byiza by’iyi si,

dukoreshe ibyaremwe nk’abasore batagira icyo bikanga:

7dusinde divayi iruta izindi, twisige n’imibavu y’agaciro,

indabyo zihumura neza ntituzitangweho,

8dutamirize indabyo za roza zitari zarabirana;

9higira n’umwe utakubwa umunsi mukuru wacu,

hose tuhasige ibimenyetso by’umunezero wacu,

kuko ari wo mugabane wacu n’umunani wacu!

10Nimureke turenganye intungane ikennye,

umupfakazi ntitukamugirire impuhwe,

umusaza wamazwe n’imvi twoye kumureba n’irihumye,

11maze ingufu zacu abe ari zo tugenderaho,

kuko intege nke nta cyo zimaze.

12Twibasire intungane kuko itubangamiye,

ikarwanya ibikorwa byacu,

ikanadushinja ko twarenze Amategeko,

tugahemukira umuco mwiza badutoje.

13Yirata ko yifitemo ubumenyi bw’Imana,

ikaniyita umwana wa Nyagasani.

14Ntituza kutugayira ibitekerezo,

no kuyirabukwa byonyine biratubangamiye;

15kuko imibereho yayo idasa n’iy’abandi,

imyifatire yayo ikaba idasanzwe.

16Yo ibona turi nk’ikintu cyataye ibara,

ikitaza inzira zacu nk’aho zuzuye imyanda.

Itangaza ko amaherezo y’intungane ari amahirwe,

ikirata ko ifite Imana ho umubyeyi.

17Nimureke turebe niba ibyo ivuga ari ukuri,

dusuzume uko ibyayo bizarangira.

18Niba intungane ari umwana w’Imana koko,

izayitabara, iyigobotore mu nzara z’abanzi bayo.

19Tuyigeragereshe ibitutsi n’ibitotezo,

kugira ngo tumenye ubwiyumanganye bwayo,

turebe n’ukwihangana kwayo.

20Nimureke tuyitange yicwe uruteye isoni,

kuko icyo gihe Imana izayihagararaho,

dukurikije nanone uko ibyivugira.»

Abagome barayoba

21Nguko uko batekereza, nyamara barayoba,

ubugome bwabo bwabagize impumyi:

22ntibamenya amabanga y’umugambi w’Imana,

ntibanazi ikuzo rizigamiwe abakeye ku mutima!

23Koko rero, Imana yaremeye muntu kudashanguka,

imurema ari ishusho ryayo bwite;

24nyamara kubera ishyari rya Sekibi, urupfu rwinjiye mu isi,

bityo rwigarurira abamuyoboka!

Blog
About Us
Message
Site Map

Who We AreWhat We EelieveWhat We Do

Terms of UsePrivacy Notice

2025 by iamachristian.org,Inc All rights reserved.

Home
Gospel
Question
Blog
Help