1Igenewe umuririmbisha. Ni inyigisho mu zo bitirira Dawudi.
2Yerekeye iby’igihe Dowegi, Umunyedomu, aje kumenyesha Sawuli ko Dawudi yahungiye mu rugo rwa Ahimeleki.
3Kuki wiratana kuba umugizi wa nabi,
wa ngirwamugabo we,
kandi Imana yo ihorana ineza?
4Ururimi rwawe rwuzuye ubugome,
rwica nabi nk’urwembe rutyaye,
rukagira amayeri menshi yo kubeshya.
5Wikundira ikibi kurusha icyiza,
ugakunda ikinyoma aho kuvuga ukuri. (guceceka akanya gato)
6Uri karimi kabi, nta kindi wikundira
atari amagambo asebanya gusa!
7Imana ubwayo izagukuraho buheriheri,
izagushikanura, iguhubure mu nzu yawe,
maze izakurandure ku isi y’abazima. (guceceka akanya gato)
8Nuko ab’intungane nibabibona, bashye ubwoba,
hanyuma baguhe urw’amenyo, bavuga
9bati «Dore wa muntu wiyise intwari,
akanga ko Imana imubera ubuhungiro butavogerwa,
ahubwo akiringira ubukungu bwinshi yari afite,
akiratana ibikorwa by’ubugome bwe!»
10Naho jyewe, ak’umuzeti watohagiriye mu Ngoro y’Imana,
mpora nizigiye ubuntu bwayo!
11Iteka ryose nzahora ngushimira ibyo wakoze!
Niringiye izina ryawe, kuko ryuje ineza,
nzaryamamariza imbere y’abayoboke bawe.
Who We AreWhat We EelieveWhat We Do
2025 by iamachristian.org,Inc All rights reserved.