1Mbega ngo zahabu irahindana,
ya zahabu iyunguruye yarononekaye!
Mbega ngo amabuye matagatifu aranyanyagira
agakwira hose mu mayirabiri!
Beti2Byagenze bite kugira ngo abana ba Siyoni,
bo bagereranywaga na zahabu inogereye,
bageze aho gufatwa nk’ibibindi by’ibumba,
byabumbwe n’ibiganza by’umubumbyi?
Gimeli3Yewe, n’imbwebwe zigira impuhwe,
zikonsa ibyana byazo;
ariko umuryango wanjye wo ni intavumera,
boshye za mbuni zo mu butayu.
Daleti4Ururimi rw’ikibondo kikiri ku ibere,
rwumiye mu rusenge rw’akanwa kubera inyota;
ibitambambuga birasaba umugati,
ariko ntihagire uwubaha.
He5Abari basanzwe barya bakijuta,
ngabo baguye umudari mu mayira;
abarerewe mu mihemba, barigaragura mu myanda.
Vawu6Amafuti y’umwari w’umuryango wanjye,
asumbye kure ibyaha bya Sodoma,
yo yarimbutse mu kanya kangana urwara,
nta n’uyikojejeho ikiganza.
Zayini7Abahungu bayo barabagiranaga kurusha urubura,
bakarusha n’amata kwererana;
imibiri yabo yashashagiraga kurusha umuhemba,
mu maso habo hakabengerana kurusha ibuye ry’agaciro.
Heti8None dore mu ruhanga rwabo harirabura kurusha imbyiro:
ntibakimenyekana mu mayira;
uruhu rwabo rwafashe ku magufa,
rubumiraho uboshye igiti.
Teti9Abicishijwe inkota barahiriwe
kurusha abishwe n’inzara,
bakagwa umudari, kubera ko imirima yarumbye.
Yodi10Abagore bafashe abana babo bagiriraga igishyika,
barabateka kugira ngo babarye,
kubera amakuba y’umwari w’umuryango wanjye.
Kafu11Uhoraho yasagutswe n’umujinya,
abadudubizaho uburakari bwe bw’igikatu;
yacanye umuriro muri Siyoni,
maze imfatiro zayo zose zirakongoka.
Lamedi12Ari abami bo mu mahanga
ari n’abatuye ku isi bose,
nta n’umwe watekerezaga ko umubisha kimwe n’umwanzi,
bazigera binjira mu marembo ya Yeruzalemu.
Memu13Ibyo byatewe n’ibyaha by’abahanuzi bayo,
kimwe n’amafuti y’abaherezabitambo bayo;
bameneye amaraso y’intungane rwagati muri yo.
Nuni14Barindagiraga mu mayira, nk’impumyi;
bihumanyije n’amaraso,
bituma nta we utinyuka gukora ku myambaro yabo.
Sameki15Barabamaganaga bagira bati «Nimwigireyo mwarahumanye!
Nimwigireyo, nimwigireyo! Ntimugire icyo mukoraho!»
Uko babuyeraga bahunga, abo mu mahanga baravugaga bati
«Ntibazongere gutura iwacu ukundi!»
Pe16Uhoraho yarabarebye maze arabatatanya,
ntagishaka kubabona;
ntibongeye kwita ku baherezabitambo,
cyangwa ngo bubahe abasaza.
Ayini17Twebweho, amaso yacu yari yatukujwe no kurira,
igihe twari dutegereje ko umutabazi yaza;
twarakenguzaga ariko biba iby’ubusa:
mu mahanga ntibashoboye kudukiza!
Tsade18Baratugenzuraga aho twajyaga hose,
bakatubuza guhurira mu bibuga byacu.
Twari tugiye gushira, akacu kari kashobotse,
mbese igihe cyacu cyari cyageze.
Kofu19Abari badukurikiranye barihutaga
kurusha za kagoma mu kirere;
ku misozi baratujujubyaga,
naho mu mayaga bakadusatira.
Reshi20Intore y’Uhoraho twakeshaga guhumeka,
bayifatiye mu myobo yabo,
kandi twaribwiraga tuti «Mu gicucu cyayo,
ni ho tuzibera rwagati mu mahanga!»
Shini21Ishime, uhimbarwe, mwari wa Edomu,
wowe utuye mu gihugu cya Usi:
nawe inkongoro izakugeraho,
uzasinde maze wiyambike ubusa!
Tawu22Mwari w’i Siyoni, amafuti yawe arababariwe;
Uhoraho ntazongera kukujyana bunyago.
Naho wowe, mwari w’i Edomu, azaguhanira amafuti yawe,
agaragaze ibyaha byawe!
Who We AreWhat We EelieveWhat We Do
2025 by iamachristian.org,Inc All rights reserved.