1Mbega ngo umugi wari utuwe n’imbaga nyamwinshi
urasigaramo ubusa!
Uwahoze ari igikomerezwa mu mahanga n’umwamikazi w’ibihugu,
ameze nk’umupfakazi,
arakoreshwa imirimo y’uburetwa!
Beti2Arara arira ijoro ryose,
amarira akamutemba ku matama;
mu bamukundaga bose nta n’umwe umuhoza,
incuti ze zose zaramutereranye, zihinduka abanzi be.
Gimeli3Yuda yajyanywe bunyago,
irasuzugurwa kandi ishikamirwa n’ubucakara;
ituye mu mahanga ntihagira uburuhukiro,
abari bayikurikiranye bayifatiye mu mfutanwa.
Daleti4Amayira y’i Siyoni ari mu cyunamo,
nta muntu n’umwe ukiza mu minsi mikuru;
amarembo yayo yose yabaye amatongo,
abaherezabitambo bayo baraganya,
n’abari bayo baguye mu kantu:
mbega agahinda gakomeye ka Siyoni!
He5Abayirwanyaga barayinesheje, abanzi bayo baranezerewe,
kuko ari Uhoraho wayibabaje,
ayiryoza ibicumuro byayo bitagira ingano.
Ibitambambuga byayo byajyanywe bunyago,
umwanzi abijya inyuma.
Vawu6Ikuzo ry’umwari wa Siyoni ryarayoyotse,
abatware bayo bamera nk’impara zitagira urwuri;
bagendaga nta kabaraga, imbere y’ababashoreye.
Zayini7Yeruzalemu iribuka ya minsi y’umubabaro n’agahinda,
ubwo abantu bayo bagwaga mu biganza by’umwanzi
kandi itagira kirengera;
abanzi bayo babibonaga, bishimira irimbuka ryayo.
Heti8Yeruzalemu yaracumuye bikomeye,
none yahindutse nk’ikintu cyahumanye,
abahoze bayirata basigaye bayinnyega,
kuko babona ubwandure bwayo;
na yo ubwayo iraganya, ikabahisha amaso.
Teti9Ingutiya yayo yahomyeho umwanda,
ibyayibayeho, nta na rimwe yigeze ibitekereza mbere;
yacishijwe bugufi bitangaje, ibura n’uyihumuriza,
none iravuga iti «Uhoraho, itegereze umubabaro wanjye,
urebe ukuntu umwanzi wanjye anyishimaho!»
Yodi10Umwanzi yaramburiye ikiganza ku byiza byayo byose,
maze abanyamahanga binjira mu rusengero rwayo, ibyirebera,
kandi warategetse ngo
«Ntibazinjire mu ikoraniro ryawe!»
Kafu11Imbaga yayo yose uko yakabaye iraganya,
bariho barashakashaka umugati;
baragurana ibyiza byabo ibyo kurya
ngo bagarure ubuyanja.
Yeruzalemu iratakamba igira iti «Uhoraho, itegereze,
urebe ukuntu nasuzuguritse!
Lamedi12«Yemwe, bahisi n’abagenzi mwese,
nimurebe, mwitegereze,
niba hari akababaro kamera nk’aka kanjye,
ari na ko natejwe n’Uhoraho,
ku munsi w’uburakari bwe bukaze.
Memu13Yankongejemo umuriro uturutse hejuru,
utwika amagufa yanjye;
yanteze umutego aho nyura maze arambirindura,
yangize nk’umugore w’intabwa,
buri gihe mba merewe nabi.
Nuni14Yagenzuye ibibi nkora byose,
abicigatira mu kiganza;
umutwaro wabyo awungereka ku bitugu,
ugahungabanya imbaraga zanjye.
Uhoraho yangabije ibiganza by’abanzi,
kandi ndashoboye guhangana na bo!
Sameki15Uhoraho yirukanye intwari zose zari iwanjye,
yarankomanyirije kugira ngo bavunagure abasore banjye.
Uhoraho yaribatiye umwari mu rwengero,
ari we mukobwa wa Yuda.
Ayini16Ngibyo ibyatumye mpogora,
amaso yanjye agasesa amarira,
koko rero uwari kumpumuriza akandema agatima, andi kure.
Abana banjye barihebye,
kuko umwanzi yabarushije amaboko.»
Pe17Siyoni iteze ibiganza,
ariko nta we uyihumuriza.
Uhoraho yategeje Yakobo abamushikamira impande zose;
Yeruzalemu yahindutse umwanda rwagati muri bo.
Tsade18«Uhoraho ni umunyakuri, koko nasuzuguye amategeko ye.
Nimutege amatwi, miryango mwese,
mwitegereze umubabaro wanjye,
kuko abakobwa banjye n’abasore banjye bajyanywe bunyago.
Kofu19Natakambiye amacuti yanjye, yo arantererana;
abaherezabitambo n’abakuru banjye baguye mu mugi,
bariho bashaka ibyo kurya ngo bagarure ubuyanja.
Reshi20Uhoraho, itegereze amakuba ndimo!
Ndatengurwa nkabunza umutima,
kuko nagusuzuguye bikabije.
Ku gasozi inkota yancuje abana,
no mu rugo hameze nk’ahatashywe n’Urupfu.
Shini21Tega amatwi amaganya yanjye,
kuko nta n’umwe umpumuriza!
Abanzi banjye bose bumvaga amakuba ndimo,
bakishimira ibyago wanteje.
Na bo urakabateza umunsi nk’uwo wangeneye,
maze bapfe urwanjye!
Tawu22Ubugome bwabo nibwigaragaze imbere yawe,
ubahane nk’uko wampannye,
umpoye ibicumuro byanjye byose,
kuko amaganya yanjye ari menshi,
kandi ngahora nsuhuza umutima.
Who We AreWhat We EelieveWhat We Do
2025 by iamachristian.org,Inc All rights reserved.