1Igisingizo, cyitiriwe Dawudi.
AlefuMana yanjye, mwami wanjye, nzakurata,
nzasingiza izina ryawe iteka ryose.
Beti2Buri munsi nzagusingiza,
nogeze izina ryawe iteka ryose.
Gimeli3Uhoraho ni igihangange,
akaba rwose akwiriye gusingizwa;
ubwamamare bwe ntibugereranywa.
Daleti4Kuva mu gisekuru kugera mu kindi
bazibukiranye ibyo wakoze,
bamamaze ibigwi byawe.
He5Nzajya ndondorera abandi ibitangaza byawe,
mvuge ikuzo ryawe ry’urukerereza,
rijyana n’ubwiza bwawe.
Wawu6Bazajya bavuga ububasha bwawe,
wagaragaje ukora ibintu bihambaye,
nanjye mvuge ubuhangange bwawe.
Zayini7Bazajya bahimbaza urwibutso
rw’ibyiza byinshi wagiriye abantu,
maze bahe amashyi n’impundu ubutungane bwawe.
Heti8Uhoraho ni umunyampuhwe n’umunyaneza,
atinda kurakara kandi akagira urugwiro.
Teti9Uhoraho agirira bose ibambe,
maze imbabazi ze zigasakara ku biremwa bye byose.
Yodi10Uhoraho, ibiremwa byawe byose nibijye bigushima,
abayoboke bawe bagusingize!
Kafu11Bazarate ikuzo ry’ingoma yawe,
batangaze ubushobozi bwawe,
Lameki12bamenyeshe bene muntu ibigwi byawe,
n’ikuzo ritamanzuye ry’ingoma yawe.
Memu13Ingoma yawe ni ingoma ihoraho mu bihe byose,
ubutegetsi bwawe buzaramba,
uko ibisekuruza bigenda bisimburana.
NuniUhoraho ni mutabeshya,
akaba indahemuka mu byo akora byose.
Sameki14Uhoraho aramira abagwa bose,
abunamiranye akabaha kwemarara.
Ayini15Bose ni wowe bahanga amaso bakwiringiye,
maze ukabaha icyo barya igihe kigeze.
Pe16Ubumbura ikiganza cyawe,
maze ibinyabuzima byose ukabihaza icyo byifuza.
Tsade17Uhoraho ni umunyabutungane mu nzira ze zose,
akarangwa n’urukundo mu bikorwa bye byose.
Kofu18Uhoraho aba hafi y’abamwiyambaza,
hafi y’abamwiyambaza babikuye ku mutima.
Reshi19Ibyo abamwubaha bashaka arabikora;
baba bamutabaje, akabumva, akabagoboka.
Shini20Uhoraho arinda abamukunda bose,
ariko abagiranabi bose akazabarimbura.
Tawu21Umunwa wanjye uzavuga ibisingizo by’Uhoraho,
n’ikinyamubiri cyose kizarate izina rye ritagatifu,
iteka ryose rizira iherezo!
Who We AreWhat We EelieveWhat We Do
2025 by iamachristian.org,Inc All rights reserved.