1
2Ndatakishiriza Uwiteka ijwi ryanjye,
Ndingingisha Uwiteka ijwi ryanjye.
3Ndasuka amaganya yanjye imbere ye,
Umubabaro wanjye ndawumuvugira imbere.
4Uko umutima wanjye ugwiriye isari muri jye,
Ni wowe umenya inzira yanjye,
Mu nzira nyuramo bantezemo umutego.
5Reba iburyo bwanjye umenye yuko ari nta muntu umenya,
Mbuze ubuhungiro nta muntu wita ku bugingo bwanjye.
6Uwiteka, njya ngutakira,
Nkakubwira nti “Ni wowe buhungiro bwanjye,
N'umugabane wanjye mu isi y'ababaho.”
7Tyariza ugutwi gutaka kwanjye,
Kuko ncishijwe bugufi cyane,
Unkize abangenza kuko bandusha imbaraga.
8Kura umutima wanjye mu nzu y'imbohe,
Kugira ngo nshime izina ryawe.
Abakiranutsi bazangota,
Kuko uzangirira neza.
Who We AreWhat We EelieveWhat We Do
2025 by iamachristian.org,Inc All rights reserved.