Ezayi 42 - Kinyarwanda Interconfessional Bible with DC

Umugaragu w'Uhoraho

1Uhoraho aravuga ati:

“Dore umugaragu wanjye nshyigikiye,

ni we nitoranyirije ndamwishimira.

Nzamushyiramo Mwuka wanjye,

azatangariza amahanga ubutabera.

2Ntazatongana kandi ntazasakuza,

ntazarangurura ijwi rye mu mayira.

3Urubingo rwavunitse ntazaruhwanya,

itara rigicumbeka ntazarizimya,

azagira umurava maze ubutabera buganze.

4Ntazacika intege kandi ntazacogora ubutabera butaraganza ku isi,

abatuye kure bazagirira icyizere amabwiriza ye.”

Urumuri rw'amahanga

5Uhoraho Imana yaremye ijuru ikarihanika,

yaremye isi n'ibiyiriho byose,

atuma abayituye bahumeka,

abeshaho abantu none aravuga ati:

6“Jyewe Uhoraho naguhamagariye guharanira ubutungane,

nzagushyigikira nkurinde,

nzagirana Isezerano n'abantu ndikunyujijeho,

uzaba urumuri rwo kumurikira amahanga.

7Uzahumura impumyi kandi ubohore imfungwa,

abari mu mwijima uzabaha kwishyira bakizana.”

8Ndi Uhoraho, ikuzo ryanjye sinzariha undi,

icyubahiro cyanjye sinzagiha ibigirwamana.

9Dore ibyo nababwiye kera byarasohojwe,

none ndababwira ibishya,

mbibamenyesheje bitaraba.

Uhoraho aratugobotse

10Nimuririmbire Uhoraho indirimbo nshya,

abatuye isi mwese nimumuhimbaze,

abasare bo mu nyanja n'ibiyirimo byose nimumuhimbaze,

abatuye ibihugu bya kure nibamuhimbaze.

11Abatuye ubutayu n'imijyi yabwo nibahanike amajwi,

abatuye mu midugudu ya Kedari nimumuhimbaze,

abaturage b'i Sela nibamusingize,

mu mpinga z'imisozi nibarangurure amajwi y'ibyishimo.

12Abaturage b'iyo gihera nibarate Uhoraho,

nibamusingize bahanitse kandi baranguruye.

13Uhoraho asohotse nk'intwari,

yarubiye nk'umuntu uri ku rugamba,

akomye akamo avuza induru,

nguwo atsinze abanzi be.

Umugambi w'Uhoraho

14Kuva kera kose naricecekeye,

nariyumanganyije sinagira icyo mvuga,

narashinyirije nk'umugore uri ku nda,

narababaye ndataka umwuka ushaka guhera.

15Ngiye kurimbura imisozi n'utununga,

ibyayimezeho byose nzabyumisha,

inzūzi nzazihindura ibirwa,

nzakamya ibidendezi by'amazi.

16Nzayobora impumyi mu nzira zitigeze zimenya,

nzazinyuza mu tuyira zitazi,

umwijima nzawuhinduramo umucyo imbere yabo,

ahantu hadategamye nzaharinganiza.

Uwo mugambi ngiye kuwusohoza sinzivuguruza.

17Abiringira ibigirwamana bazasubizwa inyuma,

ababwira amashusho bati: “Muri imana zacu” bazakorwa n'isoni.

Impumyi n'ibipfamatwi

18Mwa bipfamatwi mwe, nimwumve,

impumyi namwe, nimurebe.

19Ni nde mpumyi nk'umugaragu wanjye?

Ni nde mpumyi nk'intumwa yanjye?

20Abisiraheli babonye byinshi nyamara ntibabyitaho,

bafite amatwi nyamara ntibumva.

21Uhoraho yishimiye gukomeza Amategeko ye no kuyaboneza,

yabitewe n'ubutungane bwe.

22Nyamara aba bantu banyazwe ibyabo barasenyerwa,

babaroshye mu myobo,

babajugunye muri gereza bafungirwamo,

bajyanywe ho iminyago ntihagira ubarengera,

barabajyanye ntihagira uvuga ati: “Nibagaruke.”

23Ni nde muri mwe uzabitega amatwi?

Ni nde uzabyitaho akabyumva uhereye ubu?

24Ni nde watumye abakomoka kuri Yakobo basenyerwa?

Ni nde watumye Abisiraheli bajyanwa ho iminyago?

Ni Uhoraho uwo twacumuyeho,

ntitwashatse kumukurikiza kandi ntitwumviye Amategeko ye.

25Ni yo mpamvu Uhoraho yabasutseho uburakari bwe,

yabateje intambara ikomeye irabayogoza,

nyamara nubwo yabayogoje ntibabyitayeho,

ntibigeze babizirikana.

Blog
About Us
Message
Site Map

Who We AreWhat We EelieveWhat We Do

Terms of UsePrivacy Notice

2025 by iamachristian.org,Inc All rights reserved.

Home
Gospel
Question
Blog
Help