Zaburi 56 - Kinyarwanda Interconfessional Bible with DC

Isengesho ry'umuntu utotezwa

1Zaburi y'umuyobozi w'abaririmbyi, iririmbwa hacurangwa umurya w'inanga witwa “Inuma yo mu biti by'inganzamarumbo bya kure.” Ni igisigo Dawidi yahimbye igihe Abafilisiti bamufatiye i Gati.

2Mana yanjye ndengera dore abantu barantoteza,

barandwanya ubutitsa kandi bakankandamiza.

3Abangenza barantoteza ubutitsa,

barandwanya ari benshi bansuzuguye.

4Igihe cyose ngize ubwoba,

ni wowe niringira.

5Ndasingiza Imana kubera ibyo yavuze,

nizera Imana sinzagira icyo ntinya.

Umuntu buntu yabasha kuntwara iki?

6Ibyo mvuga bahora babigoreka,

bajya inama zo kungirira nabi.

7Barihisha bakangenza,

aho nshinze ikirenge baba bandiho,

barampiga kugira ngo banyice.

8Mana, abo bagome ntibakuve mu nzara,

abo banyamahanga barakarire ubatsembe.

9Ubwawe uzi igihe namaze ndi impunzi,

amarira narize na yo uzi uko angana,

byose byanditswe mu gitabo cyawe.

10Igihe nzatabaza Imana,

abanzi banjye bazahindukira bahunge,

koko nzi neza ko iri mu ruhande rwanjye.

11Ndasingiza Imana kubera ibyo yavuze,

koko Uhoraho ndamusingiza kubera ibyo yavuze.

12Nizera Imana sinzagira icyo ntinya,

umuntu yabasha kuntwara iki?

13Mana, nzaguhigura imihigo nahize,

nguture ibitambo byo kugushimira.

14Koko Mana, ni wowe wankijije urupfu,

ntiwatumye mpungabana,

bityo nzayoborwa nawe murikirwe n'umucyo w'izuba.

Blog
About Us
Message
Site Map

Who We AreWhat We EelieveWhat We Do

Terms of UsePrivacy Notice

2025 by iamachristian.org,Inc All rights reserved.

Home
Gospel
Question
Blog
Help